Mu minsi ishize Perezida Paul KAGAME yagiranye ikiganiro na Televiziyo y’Abafaransa izwi nka France24. Icyari kigamijwe kwari ukubaza Kagame ku bijyanye n’intambara u Rwanda ruherutse kongera gutangiza rugaba ibitero ku gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Koko rero, n’ubwo ibyo bitero byitirirwa umutwe wa M23, ibimenyetso byose byerekana ko ari u Rwanda rwateye Kongo, ndetse aya makuru agashimangirwa n’amashusho afatwa na Satelite z’Abanyamerika ndetse na Drones z’ingabo z’umuryango w’abibumbye muri Kongo, MONUSCO. Na Kagame ntiyigeze abihakana kandi ibi ntibyatuguranye. Igisa n’icyatunguye benshi ni ukongera kumva Kagame avuga ko ashobora kongera kwiyamamaza imyaka 20! Reka turebere hamwe uburyo ibi byifuzo ari urukozasoni ku gihugu n’abenegihugu.
Continue reading
Ibyifuzo bya KAGAME ni urukozasoni ku gihugu cy’u Rwanda, Turabyanze.
1 Reply