Category Archives: Region

“Abakoze ibyaha mu ntambara yatejwe na M23 bagombe babiryozwe” USA

usdos-logo-seal

 

Nk’uko tubikesha itangazo rya Leta zunze ubumwe z’America ryo kuwa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo, amasezerano hagati ya Leta ya Kabila n’umutwe wa M23 agomba guteganya uko abakoze ibyaha by’intambara babiryozwa. Icyo gihugu cy’igihangange kandi kirasaba ibihugu byo mu karere kuransura imizi yose yazanye umwiryane muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Dore uko itangazo rivuga.

Itangazo rigenewe Abanyamakuru

Marie Harf
Uwungirije umuvugizi wa  State Department,

Ibiro by’umuvugizi

Washington, DC

Tariki ya 5 Ugushyingo 2013

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zishimiye itangazo ry’umutwe wa M23 rivuga ko uhagaritse ukwigomeka mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Twishimiye kandi uburyo Leta yakiriye iryo tangazo rya M23, no kuba Leta yiteguye kugaruka I Kampala gushyira umukono ku masezerano ya nyuma.

Dushimiye cyane Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni na Ministri w’ingabo Crispus Kiyonga kuba barabaye abahuza mu biganiro bya Kampala. Turashishikariza impande zose gukurikirana uburyo bwa Politiki buzageza ku masezerano ya nyuma ateganya kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abagize M23, kandi hagakorwa ku buryo abakoze ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyoko babibazwa. Kugera ku masezerano yumvikanyweho yo kurangiza ukwigomeka, ni intambwe ya mbere ya ngombwa cyane kugira ngo hagerwe ku kurangiza ikibazo cy’umutekano muke muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Tuboneyeho akanya kandi ko guhamagarira leta zo mu bihugu by’akarere kubakira kuri izi ntambwe nziza mu gutangiza imishyikirano yaguye hagamijwe gushyira mu bikorwa  Amasezerano y’amahoro, umutekano n’ ubufatanye arandura imizi yose yateye umutekano muke wakunze kurangwa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’ibihugu by’ibiyaga bigari, kandi hagatezwa imbere amajyambere n’ubukungu mu karere. Leta zunze ubumwe z’Amerika tuzakomeza gushyigikira ibi kimwe n’ibindi bikorwa byose bigamije kugera ku mahoro arambye.

Itangazo dukesha Department ya Leta ya Leta zunze ubumwe z’Amerika. Byahinduwe mu Kinyarwanda na Chaste Gahunde.

Tanzania committed to stronger EAC-Mkuchika

 

mkuchika The minister of State in the President’s Office (Good Governance), Mr George Mkuchika, represented Tanzania in the East African Community’s Council of Ministers meeting in Burundi

Tanzania will play its part to ensure a stronger East Africa Community as envisioned in the treaty that revived the regional body, Cabinet minister George Mkuchika said yesterday. He told a regional ministerial committee meeting held in Burundi on Friday that Tanzania was still committed to seeing the bloc prosper.

  • Mr Mkuchika, the minister of State in the President’s office for Good Governance, was speaking in Bujumbura at the end of the 19th meeting of the Sectoral Council of Ministers responsible for EAC Affairs and Planning.

“The biggest obligation before us is to ensure this cooperation produces results that will improve the livelihoods of the people of East Africa,” the minister said in a statement on Friday.“This will be attained by committing ourselves to implementing decisions and directives that arise through these meetings.”

It was the first time that a Tanzanian minister was attending a top level EAC meeting since questions were raised over the country’s commitment to the unity of the five member countries.

On Wednesday, East African Cooperation minister Samuel Sitta told Parliament in Dodoma that government officials had been advised against taking part in regional meetings until an explanation was forthcoming on the tripartite meetings championed by Rwanda, Kenya and Uganda.

Mr Sitta, who said Tanzania felt “shortchanged” by these meetings, revealed that a higher authority–implying President Jakaya Kikwete–had told Foreign Affairs minister Bernard Membe not to attend a ministerial council meeting held in Nairobi last week.

The minister himself said he had directed his deputy, Dr Abdullah Abdullah, to give Thursday’s Bujumbura meeting a miss. It was not immediately clear if it was this same meeting that Mr Mkuchika attended. His statement made no mention of the current challenges in the bloc or Tanzania’s stand on the Coalition of the Willing–a name coined to describe the tri-lateral arrangement by Kenya, Rwanda and Uganda. “East African cooperation will be attained by committing ourselves to implementing what has been jointly agreed,” he added.

Fears that the EAC could disintegrate rose after Mr Sitta said Tanzania was thinking of forming a rival coalition with Burundi and the Democratic Republic of Congo to counter the grouping of the other three partner states. Leader of the Opposition Freeman Mbowe, also speaking in the same Parliament, cautioned against abandoning the idea of regional integration. EAC boss Richard Sezibera weighed in on the debate on Friday in Bujumbura, saying the concerns raised by Tanzania and Burundi did not necessarily mean a falling-out was on the cards.The secretary general said at the end of the meeting that the secretariat had consulted the five partner states on the state of EAC integration. He added: “East Africans are urged not to be unduly be alarmed because the challenges are being addressed and will be further considered at the forthcoming high level meetings of the Community. There have been persistent press reports, including misrepresentation of the matter.”

Officials of the Arusha-based Secretariat have been reluctant to discuss the new developments in the region. But one of them confided in The Citizen on Sunday that a lot more would emerge during the coming Heads of State Summit in Kampala, which will be preceded by the ministerial and other meetings of senior officials.

Kenya’s President Uhuru Kenyatta on Tuesday also allayed fears that EAC could be headed for collapse. He said all the five EAC member States were committed to integration. “We are focused in our objective of uniting the region and making it prosperous,” he said. “In fact, we are looking forward to our brothers and sisters from South Sudan joining us soon to make our regional bloc stronger.”

According to Mr Kenyatta, the fast-tracking of the Northern Corridor infrastructure projects by Kenya, Uganda and Rwanda arose from the need to solve the problem of cargo transportation from Mombasa to Kampala and Kigali. The coming together of Kenya, Uganda, Rwanda and South Sudan was aimed at addressing the four countries’ unique needs but was not in any way meant to undermine the EAC integration process, he added.President Kenyatta was speaking at a meeting with Kenyans working and living in Rwanda.

Rwandese leader Paul Kagame is expected to take over the chairmanship of the bloc from President Yoweri Museveni of Uganda during the summit.

By Zephania Ubwani, The Citizen

Source: http://www.thecitizen.co.tz/News/Tanzania-makes-U-turn-on-EAC/-/1840392/2058038/-/138ipu4z/-/index.html

Related stories:

Developing: M23 Announce End To Rebellion

By: Alex Masereka

M23 rebel group in the Democratic Republic Congo says it is ending its insurgency, hours after the government claimed military victory.

 m231

The M23 rebel group in eastern Democratic Republic of Congo

This comes a day after African leaders wrapped up talks in Pretoria saying a peace deal for the Democratic Republic of Congo could be signed if the M23 movement declared an end to its rebellion.

M23 said in a statement it was going to ”purely political means” to achieve its goals and urged its troops to disarm and demobilise.

The M23 movement had entered peace talks with Kinshasa held in the Ugandan capital Kampala, but they fell apart last month, leading the Congolese army to launch an offensive against the rebels backed by a UN brigade. The M23 was founded by ethnic Tutsi former rebels who had been incorporated into the army under a 2009 peace deal but mutinied in April 2012.

The 3,000-strong UN intervention brigade in eastern DR Congo is drawn from Malawi, South Africa and Tanzania. It joined 17,000 peacekeepers already deployed in the country, but it carries a special mission to help Congo’s army quell the rebellions in the region.

On Monday, the brigade carried out what is believed to be its first direct combat against M23 rebels since the Congolese army began a major assault against the rebellion in late October and seized control of all of the M23 strongholds.

Who are the rebels?

The group is made up of fighters who deserted from the Congolese army in April 2012 following a mutiny.

They are mostly from the Tutsi ethnic group, a minority in eastern DR Congo but with ties to Rwanda’s leaders.

 sultan-makenga

Sultani Makenga, M23 rebel leader

They were led by several top-ranking officers who were members of a former militia called the CNDP – including Col Sultani Makenga and Gen Bosco Ntaganda, who faces war crimes charges at the International Criminal Court.

Their movement is called M23 in reference to a 23 March 2009 peace deal, which the CNDP signed with the Congolese government.

Why did they rebel?

The rebels, also known as the Congolese Revolutionary Army, say the government has not lived up to its promises in the 2009 deal.

They say they were mistreated after being integrated into the army, were not paid enough and that the military lacked vital resources, with soldiers were going hungry.

But analysts believe the real reason for their rebellion stems from comments made by Congolese President Joseph Kabila in January 2012, who under pressure from the ICC, said the Congolese authorities would put Gen Ntaganda on trial.

Where is he now?

Gen Ntaganda, known as “The Terminator”, gave himself up to the US embassy in Rwanda in March 2013, after losing a power-struggle within the M23.

He has since been transferred to the ICC in The Hague.

Is that why they are now on the back foot?

The internal rifts probably didn’t actually make much difference.

Most analysts point to two far more significant developments: Reduced Rwandan support for the M23 and the intervention of a tough new brigade of UN troops.

Although this was always denied by Rwanda, UN investigators have long accused Rwanda of backing the M23.

This led several donors to cut financial and then military aid to Kigali and the UN says Rwandan backing to the M23 has now fallen off.

Meanwhile, the UN has sent a force of some 3,000 well-equipped troops with a tougher mandate than any other peacekeeping force, tasked with disarming and “neutralising” rebels forces in eastern DR Congo.

Their use of helicopter gunships against the rebels is credited with making a huge difference, paving the way for the army to retake the territory seized by the rebels in 2012.

Why did the UN send the extra troops?

The UN has had a huge mission – currently some 18,000 troops – in DR Congo for many years but the unrest never seems to end.

Many Congolese have derided them as “tourists” for many years and in 2012, they were unable to stop the M23 from seizing the regional capital, Goma, before they pulled out under international pressure.

But they remained camped on the outskirts of Goma until their recent reverses.

Inama y’ibihugu bya SADC na ICGL tuyitezeho iki?

kabila-kagame

Nk’ubusanzwe, muri iyi nama ni Kagame na Kabila baraba bahanganye

Kuri uyu wa kabiri taliki ya 5 Ugushyingo  I Pretoria mu gihugu cya Africa y’epfo hateganyijwe inama izahuza abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu wa Afurika yo mu majyepfo, Southern African Development Community (SADC) hamwe n’ibihugu bihuriye mu muryango byo mu karere k’ibiyaga bigari, International Conference on Great Lakes (ICGL). Abakurikiranira hafi ibibera mu biyaga bigari bya Afurika bemeza ko iyi nama itumijwe igitaraganya kubera umwuka w’intambara ukomeje gututumba muri aka karere, bityo bamwe mu bayobozi b’ibihugu bakaba basanga hari ukundi byagenda kugira ngo intambara zikumirwe.

Uyu mwuka wakururutse cyane cyane bivuye ku mutwe wa M23 washinzwe kandi ugashyigikirwa n’igihugu cy’u Rwanda ariko bidaciye mu buryo busanzwe buzwi ibihugu bikoresha ngo bishoze intambara. Perezida Kagame ntiyigeze ageza ku nteko ishinga amategeko icyifuzo cyo koherereza ingabo muri Congo ngo inteko imuhe uburenganzira. Kagame kandi ntiyigeze akoresha ububasha ahabwa n’amategeko ngo atangaze ko kubera umutekano w’igihugu ubangamiwe afashe icyemezo cyo kohereza ingabo muri Congo.

Kubera ko Kagame ashyigikiwe n’abacuruzi b’abaherwe b’Abanyamerika n’Abayisraheli  bagura amabuye y’agaciro Kagame yiba muri Congo, izina rye ntiryigeze rigaragazwa nk’umuntu uteza akavuyo. Na none n’ubwo u Rwanda rwakomeje guhakana uruhare rwarwo mu ntambara ya Congo, Kagame ntiyigeze yamagana M23, ibi bikaba bisobanuye ko ayishyigikiye. Ahubwo Kagame akomeza kuvuga ko ikibazo atari M23 gusa kuko na FDLR ndetse n’indi mitwe ihari. Mu gihe rero Kagame yavugaga ko M23 yagombye gushyikirana na Leta ya Kabila muri Congo, Perezida Kikwete aba yamwumvise ati noneho rero nawe ugombe ushyikirane na FDLR ibibazo tubirangize. Kagame atangira gutukana nk’umurwayi wo mu mutwe.

Uburyo iyi nama izakorwamo ni ubusanzwe: guhura abantu bakongera kwiyemeza kugira ibyo bakora cyangwa bagomba kudakora. Ibi bikaba mu by’ukuri akenshi nta muti bitanga ku bibazo biba biriho bitewe n’uko hari ibihugu biba bimenyereye kuvuga indimi ebyiri, bikemera ikintu ariko bigakora ikinyuranye nacyo. Ikindi ni uko ibihugu bizaba bihagarariwe mu nama usanga akenshi bidahuje inyungu cyane cyane ku kibazo kireba Congo. Urugero ni uko amasezerano ashobora kuzasinywa atazaba abaye aya mbere. Mu kwezi kwa kabiri muri Ethiopia ibihugu byo mu karere byasinye amasezerano yo kudashyigikira imitwe irwanira mu Burasirazuba bwa Congo. Ibi u Rwanda na Uganda byabirenzeho.

Mu gihe Tanzania yibazaga impamvu nyamukuru y’aka kavuyo ka Kagame na Kaguta muri Congo, bivugwa ko hari documents zageze mu butasi bwa Tanzania zihishura ko Kagame na Kaguta bafite umugambi wo gufata Congo cyangwa igice cyayo bakahagira ahabo, barangiza bagafata Tanzania bagaherukira ku Burundi. Uyu mugambi ngo witwa Hima Empire initiative kandi ngo Kaguta awukomeyeho cyane.

Tanzania ikimara kumenya aya makuru nibwo yiyemeje kohereza ingabo zayo muri Congo muri Brigade d’intervention ya MONUSCO kugira ngo ibashe kurwanya ko Congo cyangwa igice cyayo cyafatwa, kuko ariho hatezwe kuzavanwa ubukungu bwo kugura intwaro zihagije zo gufata Tanzania. Ibi si byo byonyine Tanzania yakoze kuko yirukanye Abanyarwanda benshi bakekwaga kuba ibyitso by’u Rwanda ndetse bamwe bari mu myanya ikomeye ya Leta ya Tanzania bakaba bose bahuriye ku gisekuru cy’Ubunyarwanda.

Ikindi kigaragara ni uko bimwe mu bihugu by’aka karere bidasobanukiwe neza uko ikibazo giteye bigapfa gukurikira buhumyi cyangwa se bikemera gutangaho Abaturage ba Congo ibitambo mu ntambara z’urudaca kugira ngo bibashe kugera ku nyungu zindi za politiki. Urugero aha rugaragara kuri Perezida Uhuru Kenyatta ukomeje kugaragara mu bufatanye na Kaguta-Kagame mu cyagombaga kuba Umuryango w’ibihugu by Africa y’uburasirazuba, East African Community (EAC). Mu by’ukuri mu gihe uyu muryango wagombaga kuba uw’ubukungu, Kenyatta ashaka ko aba bagabo bazwiho ubwicanyi bwinshi bazamutiza amajwi ngo bamaganire hamwe urukiko mpuzamahanga rwa La Haye, kuko na we rumukurikiranyeho ibyaha by’ubwicanyi , we na Visi perezida we bakoze nyuma y’amatora yo mu mwaka wa 2007. Perezida Kikwete na Nkurunziza bo basa n’abahejwe, cyangwa se bariheje banga kujya mu gatebo kamwe n’inkozi z’ikibi.

Aha Abanyarwanda  bashaka impinduka bakwiye kuhakura isomo rikomeye: Iyo umuntu ashyizwe cyangwa yishyize ku butegetsi ari umunyabyaha (umwicanyi cyangwa se umujura) nta kindi ashyira imbere uretse guhora ashaka kwikingira ikibaba aho gutekereza no gushyira mu bikorwa gahunda zateza imbere Abenegihugu.

Izi nyungu zitandukanye rero nizo ziza gutuma iyi nama itagira icyo igeraho gifatika. Ubusanzwe umuryango wa SADC ugizwe n’ibihugu bya Angola, Botswana, Lesotho, Malawi, Mozambique, Swaziland, Tanzania, Zambia and Zimbabwe. Ibi bihugu byose bikaba bisanzwe bifasha Congo mu bibazo bikomeye cyane cyane mu ntambara kubera ko Congo ifite byinshi ibi bihugu byakenere mu bucuruzi. Zimbabwe yo icyakora yo kubera kwanga mpatsibihugu mpuzamahanga, Mugabe ari mu bantu bafashije Kaguta-Kagame-Kenyatta kwamagana urukiko mpuzamahanga, ariko na none ibi ntibyatuma areka gufasha Kabila.

ICGL yo ihuriwemo n’ibihugu bya Angola, Burundi,  Repubulika ya Centrafrica, Repubulika ya Rubanda ya Congo, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo , Kenya, Rwanda, Sudani y’amajyepfo, Sudani ya ruguru, Tanzania, Uganda, and Zambia.

Kubera ko ubu M23 nta mbaraga za gisirikare isigaranye kandi zikaba arizo zari gutuma ibasha kugira ibyo isaba mu mishyikirano bikemerwa, Kabila ni we ufite avantage. Ni ukuvuga ko we agiye kugaragara nk’umuntu watsinze urugamba noneho agakanira M23 uruyikwiye. Aha rero ibihugu bya Rwanda na Uganda birahatsindirwa cyane akaba ariyo mpamvu bikomeza kuvuga ko intambara itarangiza ikibazo cya Congo nyamara bikavuga ko intamabara yarangiza ikibazo cy’u Rwanda!

Ubu ikibazo kiriho ni uguhitamo muri bibiri: Gufata M23 igashyikirizwa ubutabera cyangwa se kuyiha imbabazi rusange (amnesty). Haramutse habayeho impaka zisaba gutora dore uko mbona ikibazo cyerekeye uburasirazuba bwa Congo cyatorerwa:

Abashyigikiye intambara n’ubutabera Abashigikiye imbabazi rusange
DRCongo, Congo, Angola, Zambia, South Africa, Tanzania, Zimbabwe, Burundi, Botswana, Lesotho, Malawi, Mozambique, Swaziland. Rwanda, Uganda, Kenya, Sudan y’epfo, Sudani ya ruguru, na Centrafrica.

Igihugu gishobora kwifata kuri aya matora ni Centrafrica, cyakora na cyo gishobora gutora ku ruhande rw’u Rwanda kuko Africa y’epfo itarebana neza n’ubutegetsi buriho muri Centrafrica muri iki gihe.

U Rwanda ruraza kuzamura ikibazo cya FDLR rusabe ko hagira igikorwa, Kabila arusubize ko ikibazo cya M23 nikirangira azahindukiza iminwa y’imbunda akarasa FDLR nk’uko amaze iminsi abivuze. Ibi nabyo nta gishya kibirimo.

Nk’uko mubibona rero nib anta gihindutse inama ya Pretoria nta kindi tuyitezeho uretse tourisme abakuru b’ibihugu baraba bigiriyemo.

Mubikurikirane muraza kumbwira.

Chaste Gahunde

 

RDC : l’armée reprend au M23 la colline de Mbuzi

Fullscreen capture 5222013 125418 PM

Les Forces armées de la RDC ont pris lundi  4 novembre la colline de Mbuzi, une des dernières positions des rebelles du M23 retranchés aux confins du Rwanda et l’Ouganda, au Nord-Kivu. Les combats se poursuivent depuis la matinée, malgré le cessez-le-feu unilatéral décrété dimanche par le M23 et l’appel à la retenue de la communauté internationale.

Le porte-parole des FARDC au Nord-Kivu, le colonel Hamuli, a déclaré à Radio Okapi que les combats pour la reprise de Mbuzi ont été très rudes.

« L’ennemi a été délogé après environ 3 jours de combats », a-t-il confié.

Vers 12 heures locales, un détachement de soldats congolais posté à Ntamugenga a laissé éclater sa joie en chantant après avoir reçu un message radio indiquant que leurs frères d’armes ont atteint la crête de la colline de Mbuzi et qu’ils progressent vers le sommet.

Mbuzi est l’une de trois collines qui culminent à environ 2.000 mètres d’altitude où résistent encore quelques centaines d’éléments du M23 depuis la chute deBunagana mercredi dernier.

L’armée a “conquis totalement le collectif montagnard de Mbuzi”, a indiqué à l’AFP un haut responsable militaire ayant requis l’anonymat.

Les militaires congolais considèrent la colline de Mbuzi comme « très stratégique ». Elle donne une vue sur les collines de Chanzu et Runyonyi, encore tenues par les rebelles.

Tôt le matin, trois obus lancés par le M23 depuis la colline de Chanzu ont fait six morts et dix blessés parmi les civils aux quartiers Karambo et Masoro obligeant les habitants de Bunagana à se réfugier en Ouganda. Un autre obus tombé dans ce pays n’a pas fait des victimes.

D’autres obus sont tombés dans la localité de Tchengerero, à environ 4 km de Bunagana. Des sources militaires indiquent qu’une femme et un homme ont été tués.

Dimanche, le président de la branche politique du M23, Bertrand Bisimwa, avait ordonné à ses troupes de «cesser immédiatement les hostilités avec les FARDC». Son ordre est tombé alors que l’armée pilonnait les derniers bastions des rebelles où étaient retranchés 200 à 300 combattants.

Dans un communiqué publié lundi 4 novembre, le porte-parole du gouvernement congolais, Lambert Mende a indiqué « le M23 doit faire une annonce claire, nette et sans ambiguïtés de la fin de la rébellion armée qu’il a lancé depuis 20 mois dans le Nord-Kivu ».

« Ce qui est attendu, ce n’est pas un cessez-le-feu. C’est la fin de toute activité militaire du M23 », précise le texte.

Poursuivre le processus politique

Les envoyés spéciaux des Nations unies, de l’Union européenne, de l’Union africaine et des Etats-Unis pour la région des Grands Lacs ont pour leur part «exhorté le M23 à renoncer à sa rébellion comme déjà convenu». Ils ont également demandé au gouvernement de la RDC de «s’abstenir de toute action militaire à ce stade».

Dans un communiqué publié le lundi 4 novembre, ils ont déclaré avoir pris acte de l’annonce du M23 de mettre fin aux hostilités. Ils considèrent cette annonce comme la première étape indispensable vers la paix.

Les Envoyés spéciaux exhortent le mouvement rebelle et le gouvernement congolais à poursuivre leur engagement pour faire aboutir le processus politique par un accord final et le principe garantissant le désarmement et la démobilisation du M23.

 Source:http://radiookapi.net/actualite/2013/11/04/rdc-larmee-reprend-au-m23-la-colline-de-mbuzi/

Tanzaniya mu nzira zo gushinga undi muryango w’ubukungu mu karere

download

Ibendera rya Repubulika yunze ubumwe ya Tanzania

Kuwa gatatu abayobozi ba Tanzaniya batangaje ko batangije ibiganiro na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi kugira ngo bashinge umuryango mushya w’ubucuruzi n’ubukungu, kuko Tanzaniya n’u Burundi byahejwe n’ibihugu bitatu bisanzwe bihuriye muri EAC (East African Community : Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba).

Nyuma y’aho Uganda, Kenya n’u Rwanda bishyizeho imishinga bihuriyeho mu nama zigera kuri eshatu zitagaragayemo Tanzaniya n’u Burundi, ibi bihugu byombi byatangiye kwivovota ko biri guhezwa muri iyo mishinga nyamara bihuriye muri EAC.

Radiyo mpuzamahanga y’Abashinwa yatangaje ko Minisitiri wa Tanzaniya ushinzwe ubutwererane muri Afurika y’i Burasirazuba, Samuel Sitta, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko y’igihugu cye i Dodoma, ko Tanzaniya yashyizeho undi mugambi wayo.

Yagize ati : “Mu bukungu, ubu birumvikana gukorana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera ko iki gihugu gifite imbaraga mu bukungu muri aka karere.”

Samuel Sitta yasobanuye ko iyo migambi ari iyo kubaka inzira ya gari ya moshi ihuza Uvinza mu ntara ya Kigoma na Msongati, kugira ngo Tanzaniya na Congo bikorane. Tanzaniya kandi ngo yanisangiye u Burundi kubera ko abashabitsi babwo bahendukirwa no gukoresha icyambu cya Dar es Salaam kurusha icya Mombasa.

Nyuma y’inama zahuje Kenya, Uganda n’u Rwanda ariko ntizigaragaremo Tanzaniya n’u Burundi, abagize Inteko ishinga amategeko ya Tanzaniya, kuri uyu wa kabiri bashyize igitutu kuri guverinoma yabo ngo ive muri EAC cyangwa ivugane n’ibindi bihugu bituranye bikore undi muryango cyangwa nanone ngo ihagarike ibikorwa byose ikorera muri aka karere.

Nubwo u Rwanda, Uganda na Kenya bivuga ko byihariye ku mishinga imwe n’imwe kubera ko Tanzaniya n’u Burundi bigenda biguruntege, igitangazamakuru the Citizen gikorera muri Tanzaniya, cyo cyanditse ko Minisitiri Samuel Sitta, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko y’igihugu cye ko Tanzaniya ndetse n’u Burundi bitigeze bitumirwa mu nama yahuje ibihugu bitatu bisanzwe muri EAC ndetse na Sudani y’Efo yitabiriye nk’indorerezi.

Minisitiri Sitta akomeza avuga ati : “Biratubabaza iyo bagenzi bacu badushyira mu kato. Ariko igisubizo natanga ni uko twakwifashisha inama yatanzwe n’uwari Perezida wa Tanzaniya, Ali Hassan Mwinyi ; aho yavuze ko uburyo bwiza bwo gukorana n’umunyakinyoma ari ukumuha rugari.”

Minisitiri Sitta akomeza avuga ko ingamba zafashwe ari uko ubwo Tanzaniya iheruka gutumirwa mu bikorwa bya EAC, yagize amakenga ku bagombanga kuyihagararira.

Urugero atanga ni uko hari inama ibera i Nairobi ariko ubuyobozi bukuru bwabujije Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga kuyikurikirana. Avuga kandi ko n’izindi nama zatumirwamo abayobozi, bazijyamo ariko nta ruhare igihugu cyagira mu bikorwa ibyo ari byo byose. Ariko avuga ko hakiri kare gufata umwanzuro wa nyuma no gushinja Kenya, Uganda n’u Rwanda ko ibyo bikora bibangamye.

Guverinoma ya Tanzaniya yahaye inshingano uyoboye inama y’abaminisitiri b’ibihugu bya EAC, ukomoka muri Uganda, zo kugaragaza icyo Kenya, Uganda n’u Rwanda bikora, kandi bikamenyeshwa Tanzaniya n’u Burundi.

Agira ati : “Biteganyijwe ko tuzahurira i Arusha nibura mu byumweru bibiri biri imbere, kumva icyo uyoboye inama y’abaminisitiri azatubwira kuri ibyo. Kuva icyo gihe nibwo tuzafata ingamba z’icyo gukora.”

Umubano w’u Rwanda na Tanzaniya watangiye kuzamo agatotsi hizizwa isabukuru y’imyaka 50 ya Afurika Yunze Ubumwe, ubwo Perezida wa Tanzaniya, Jakaya Kikwete yumvikanishaga ko u Rwanda rugomba kugirana ibiganiro na FDLR.

Si ibyo gusa kandi kuko Tanzaniya yakomeje gushinjwa guca amafaranga y’umurengera ku modoka zituruka mu Rwanda zikoresha imihanda yayo, aho kuva ku Rusumo kugera i Dar es Salaam hishyurwaga amadolari y’Amerika 500 kuri kilometero 100 ; byari imwe mu nzitizi zatumaga ibicuruzwa bihenda. Ibyo byatumye u Rwanda na rwo rushyira kuri icyo giciro nk’icya Tanzaniya ku modoka nini zituruka muri icyo gihugu.

Source: Igihe.com

Nord-Kivu : les FARDC prennent le contrôle de Bunagana

Des militaires congolais en patrouille à Goma (Photo Monusco)

Les FARDC en patrouille à Goma

Les militaires congolais ont pris le contrôle de Bunagana ce mercredi 30 octobre en début d’après-midi. Des témoins assurent que les FARDC ont conquis cette cité sans opposition des rebelles du M23 qui l’occupaient depuis une année. Bunagana, située à la frontière ougandaise, était considérée comme le fief politique de la rébellion.

L’armée congolaise a confirmé la reprise de cette cité sur twitter:

« Depuis un peu plus d’une heure, Bunagana est totalement sous notre contrôle. On a combattu depuis tôt ce matin. Les autres [les rebelles, NDLR] ont décroché et certains se sont repliés sur les collines de Mbuzi et Chanzu, d’autres sont partis en Ouganda, comme Bertrand Bisimwa », le président de la branche politique du M23, a déclaré à l’AFP Lambert Mende, porte-parole du gouvernement congolais.

Des sources dans la région rapportent que les combattants du M23 avaient déjà abandonné la cité avant l’arrivée des FARDC.

Dans la matinée, d’autres avaient révélé que le gros des troupes de la rébellion ainsi que les cadres politico-militaires du mouvement rebelle, n’étaient plus visibles à Bunagana.

Les mêmes sources affirmaient que les rebelles avaient pris position dans les collines de Chanzu, Mbuzi et Runyonyi.

C’est sur ces collines que les FARDC ont lancé un nouvel assaut.

Plusieurs témoignages font état des détonations d’armes lourdes et légères entendues à partir de ces collines cet après-midi.

Zuma calls on Congo rebels to lay down arms.

Jacob+Zuma+Joseph+Kabila+DRC+October+29+2013

Jacob Zuma ( L) and Joseph Kabila (R)

PRESIDENT Jacob Zuma called on rebel groups in the Democratic Republic of Congo (DRC) on Tuesday to lay down their arms.

“I must …express that South Africa remains deeply concerned by the enduring conflict in eastern DRC, perpetrated by local and externally supported armed groups on innocent Congolese civilians,” he said in a speech prepared for delivery at the DRC Parliament.

“Enough is enough, the time for peace is now and to those who would challenge this for their own self interests, we stand firm in the message that your time is now up, lay down your arms, as no longer will the misery you inflict be tolerated.”

In August, Mr Zuma informed the South African Parliament that 1345 soldiers had been deployed as part of the United Nations Force Intervention Brigade in the eastern DRC.

The deployment followed the passing of a UN resolution in March authorising a force to intervene in cases where people’s lives and property were threatened.

Mr Zuma said on Tuesday that South Africa stood in solidarity with the DRC in overcoming the conflict.

“As you will well know, the decision to call upon the sons and daughters of the nation’s defence forces to serve in the face of imminent danger, is always a difficult one,” he said. “Nevertheless, my decision to do precisely this, in support of the international community’s efforts to restore peace to eastern DRC, is one which I firmly believe in.” He said South Africa believed the conflict should be resolved through negotiated, political solutions.

“We commend the government of the DRC on its efforts in the Kampala talks (between it and the M23 rebels). It is nevertheless the case that this optimal strategy cannot take place indefinitely and at all costs,” he said.

“Through the presence of the intervention brigade and indeed through the parallel international forums focused on restoring peace … I am encouraged that now, perhaps more so than at any other time in history, the eventual resolution of the DRC’s eastern security problem is finally in sight.”

Meanwhile the rebels said on Tuesday that the army had forced them to retreat to their mountain holdout near the eastern border with Uganda.

After 36 hours of silence, the rebels published a statement on its website to say that the withdrawal was “in no way a sign of weakness”, but a tactical retreat to Bunagana, the base of its political leaders.

After four days of fierce fighting, which claimed the life of a Tanzanian peacekeeper, the head of the UN mission in the DRC (Monusco) said late on Monday that “practically all M23 positions were abandoned, except for a small triangle at the Rwandan border”.

Martin Kobler told the UN Security Council by video-link that “it is practically the military end of M23”. The Congolese army has the backing of forces of a UN intervention brigade of African troops with a special Security Council mandate to take the offensive against armed movements in eastern DR Congo.

However, Mr Kobler’s optimism was not shared on Tuesday by Fidel Bafilemba, a researcher for the US nongovernmental organisation Enough Project, who said that M23 is “capable of many surprises, even it is pushed back beyond the borders.”

The offensive against the M23 began days after the collapse of peace talks in the Ugandan capital Kampala, where the Kinshasa government refused amnesty to about 80 rebel leaders.

A resident reached by telephone told AFP that M23 fighters were deploying on Tuesday morning on the Chanzu and Mbuzi hills, about 80km north of Goma, capital of the strife-torn, mineral-rich North Kivu province.

The M23 rebellion was born of a mutiny in April 2012 by former mainly Tutsi rebels who had been integrated into the army in 2009 under a peace pact, then accused the Kinshasa government of reneging on the deal.

Kinshasa and the UN both accuse Rwanda and Uganda of supporting the M23, allegations that are strongly denied in Kigali and Kampala.

From Rumangabo, a major military base about 65km north of Goma that was recaptured from rebels on Monday, an AFP journalist could hear nearby mortar fire at about 09.30am GMT.

In the military base built by Belgians before independence in 1960, the reporter also saw large quantities of ammunition, including mortar shells of different calibres, abandoned by the rebels.

The past few days of renewed fighting has sparked international calls for restraint in a country wracked by successive civil wars and where hundreds of thousands have been forced from their homes by the rebellion in the east.

Local transport was back on the road linking Goma to the town of Rutshuru, 80km further north, which was cleared of M23 forces on Sunday. Minibuses and lorries carrying merchandise were moving in both directions.

A scorched tank was left near Kibumba, 25km north of Goma. Lt-Col Olivier Hamuli, the military spokesman in North Kivu province, said the wreck was “the only tank taken by the rebels during the capture of Goma” in November 2012.

M23 was then at its height and occupied the city of a million people for 10 days before withdrawing under regional pressure.

About 100 local people, mainly women and children loaded with their belongings, were trudging back to Kibumba on Tuesday, now that the town was again fully controlled by government forces.

“I am happy to be going home. The war is over. We are going to live under the rule of the government again,” Judith Bora told AFP, carrying her baby.

“Gone the rebellion, finished the harassment. We suffered with the rebels. We want the government to let us live in peace,” said Elias Nzibonera who was leading his goats.

Another resident who had been among thousands to flee into Rwanda last Friday said that he had already returned home. “The situation is calm, there is no problem,” he said by telephone.

“We can’t hear any more explosions but friends in Bunagana and Mbuzi tell me that fighting is under way in their area.”

Sapa-AFP

Source: http://www.bdlive.co.za/africa/africannews/2013/10/29/zuma-calls-on-congo-rebels-to-lay-down-arms

Ushaka kumva uko ubutegetsi bwo Rwanda bukora niyitegereze ingoma ya Idi Amini Dada !

bIG dADY

Big Daddy

Maze iminsi ngerageza kwinjira mu myumvire y’abategetsi bo mu Rwanda muri iki gihe, ngamije kumva neza uko bashushanya mu mitwe yabo « ubutegetsi » n’uko bukora. By’umwihariko nifuzaga kumenya urugero rw’  « umutegetsi nyawe »(modèle) bashobora kuba bagerageza gukurikiza. Muri iyi minsi nsa n’uwabonye igisubizo .

Koko rero maze igihe nsoma kandi ngasesengura ubuzima bw’umugabo witwa Idi Amini Dada ngasanga bushobora kumurikira benshi mu Banyarwanda bakeneye gusobanukirwa nkanjye.

Amini Dada umuntu yamuvugaho byinshi ariko njye ndagerageza kuvuga ku ngingo 5 gusa :

1.Amavu n’amavuko

Yavutse yitwa Idi Awo-Ongo Angoo, hari taliki ya 7/5/1928. Hari abemeza ko yavukiye i Kampala . Hari n’abemeza ko yaba yaravukiye i Koboko cyangwa i Taourirt mu 1923 cyangwa mu 1924. Se umubyara yitwaga Andreas Nyabire (1889-1976) , nyina akitwa Assa Aatte (1904-1970) akaba yarakoraga umurimo w’ubupfumu . Ababyeyi be batandukanye mu mwaka w’1931, arerwa na nyina gusa kuko se yakekaga ko atari umwana we, ko ahubwo nyina yamusambanye na Kabaka Daudi Chwa.

Hagati y’1936 n’1938 Idi Amini yakoze umurimo wokuragira ihene. Nk’uko umushakashatsi Fred Guweddeko abyemeza, Idi Amini ntiyashoboye kwiga amashuri abanza ahubwo akaba yarakunze kugaragara i Wandegeya mu nsoresore zagabaga udutero-shuma tugamije guhangana n’abanyeshuri bigaga muri Kaminuza ya Makerere . Urwo rwango yari afitiye abize ruzigaragaza kurushaho ageze ku butegetsi ubwo azamarira benshi ku bugi bw’inkota !

Nyina wa Idi Amini yaje kujya gutura mu majyaruguru y’ikiyaga cya Victoriya aho abantu benshi bo mu bwoko bwe bari batunzwe no gukora mu mirima y’abakungu bo mu muryango w’Abameta. Nyuma yaje gutura hafi ya Jinja Inkambi y’ingabo z’abakoloni b’Abongereza (King’s African Rifles). Idi Amini yagiye abafasha uturimo kugeza ubwo bamuhaye akazi ko gufasha mu gikoni(aide-cuisinnier) mu 1946. Ng’uko uko yinjiye mu gisilikari.

Idi Amini yari umugabo w’ibigango , muremure cyane (1,91 m), agapima ibiro bisaga 100 ! Yoherejwe kuba umusilikari ahitwa muri Kenya, Somaliya no muri Sudani . Aho yanyuze hose bamubonagamo umusilikari utabuze ubuhanga mu byerekeye kurwanya umwanzi ariko kandi ngo yagaragaje kare ko abangukiwe no gukabya mu byerekeye kumena amaraso y’abantu (un soldat habile, obéissant mais cruel). N’ubwo abayobozi be bamuhaga gasopo kenshi ku byerekeranye no kuba umwicanyi kabuhariwe ngo ntibamuhaga ibihano bikanganye kuko yari azi kubagusha neza, akabumvira cyane, akamenya kubaririmbira, akababyinira akaba inzobere mu kubabasetsa (bouffonnerie).

Amini yasubiye i Uganda mu 1954, bamuhitamo ngo abe ari we uyobora parade militaire ubwo Umwamikazi Elizabeti wa 2 yasura Uganda ; ni na we wahawe kuyobora ingabo zakiriye Umwami Mutesa wa 2 avuye mu buhungiro.

Kuko atari azi gusoma no kwandika, byamuviriyemo gutsindwa kenshi ibizami byajyaga kumuha kuzamurwa mu ntera(1954-1958). Nyamara muri mu 1960 yazamuwe mu ntera nyuma yo koherezwa guhosha imyivumbagatanyo y’aba Turkana bo mu gace ka Karamoja, mu majyaruguru ya Uganda, bari bivuganye umusilikari w’Umwongereza. Idi Amini yafashe abagabo barenga 40 mu bivumbagatanyaga, abambika ubusa, ibitsina byabo abirambika ku meza atangira kubitema n’umuhoro abasaba kumubwira aho bahishe intwaro zabo. Abaturage bumvise inkuru y’abakaswe ibitsina bahise basubika ibyo kwigaragambya umutekano ugaruka utyo muri ako gace, by’agateganyo . Abongereza babibonye nabo barushaho kwikundira umu « bouffon » wabo ! Muri make ubugome bwa Idi Amini nibwo bwamufashije kuzamuka mu ntera.

Muri Nyakanga 1961, hasigaye imyaka ibiri gusa ngo Uganda ibone ubwigenge, Idi Amini yongeye koherezwa mu majyaruguru guhosha amakimbirane yari yavutse hagati y’aba Turkana(nomades) n’aba Karamajongo bapfaga amatungo. Ingabo za Idi Amini ngo zigereyo zibatsembera kubamara, benshi zirabakubita, bamwe zibica urubozo, abandi zibatwika bumva, abenshi zibahamba babona ! Icyo cyaha cyajyaga kumuviramo gukatirwa igihano cyo kwicwa n’urukiko (Cour martiale). Nyamara kubera bamwe mu ba Ofisiye b’Abongereza bamwikundiraga kubera ko abasetsa, no kuba ubwigenge bwa Uganda bwari bwegereje, icyaha baracyoroheje, bamuha gasopo gusa ariko baramubabarira.

Mu by’ukuri abakurikiranira hafi ibyerekeye amateka y’ubukoloni bemeza ko mu gihe ubwigenge bw’ibihugu byakolonizwaga bwari bwegereje , abayobozi b’ingabo z’Abongereza bahisemo kuzamura mu ntera no guha ubutegetsi abasilikari b’Abanyafurika BATAJIJUTSE kugirango bazakomeze kubakoreramo nyuma y’ubwigenge. No muri Uganda niko byagenze.

Mu 1962, Uganga yabonye ubwigenge, Miltone Obote abaye Minisitiri w’Intebe azamukana na Idi Amini bakomokaga hamwe nk’umugaba w’ingabo wungirije. Mu 1965, Obote na Idi Amini batahuweho ubusahuzi bw’Amabuye y’agaciro muri Congo-Kinshasa( Gusahura RDC si ibya none!) nuko Perezida Mutesa wa 2 asaba ko hakorwa anketi yimbitse kuri icyo kibazo. Obote abonye biri bumukoreho afatanya na Idi Amini wari umaze kugirwa Chef d’Etat Majoro bahirika perezida Mutesa, Obote aba ari we uba Perezida . Itegekonshinga rirahagarikwa, hashyirwaho ubutegetsi bushingiye ku Ishyaka rimwe rukumbi. Abaminisitiri benshi barafungwa, Perezida Mutesa ahungira mu Bwongereza aho yaje kugwa mu 1969. Kuva icyo gihe amoko yo mu majyaruguru ya Uganda aba afashe ubutegetsi.

Kuva ubwo Idi amini atangira kuzuza mu gisilikari abantu b’iwabo gusa, yuzuzamo n’Abayisilamu bakomoka ku mupaka w’igihugu cya Sudani. Kubera uko kwironda kwari gutangiye kwigaragaza mu gisilikari , umubano mwiza warangaga Obote na Idi Amini utangira kuzamo amakemwa.

Mu Kuboza 1969, umutego wagombaga guhitana Perezida Obote waratahuwe( tentative d’assassinat), Brigadier Général Pierino Okoya akora anketi, ayirangije abwira Obote na Amini ko yenda guhagarika abagizemo uruhare mu gushaka kwivugana umukuru w’igihugu. Ngo bucye, mu ijoro ryo ku italiki 25 Mutarama 1970, Okaya n’umugore we bicirwa iwabo mu rugo. Kuva ubwo Idi Amini na Obote ntibongera gucana uwaka. Idi Amini afungirwa iwe mu rugo kandi yamburwa ubuyobozi bwose bw’ingabo, ahabwa akazi gasanzwe (fonction administrative).

Idi Amini amaze kumenya ko Perezida Obote yiteguye kumushyikiriza inkiko ngo acirwe urubanza kubera amamiliyoni y’amadolari yari yaranyereje mu mutungo w’ingabo, akora Coup d’Etat taliki ya 25/01/1971 mu gihe Obote yari i Singapour mu nama y’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth.

Ukugera ku butegetsi kwa Idi Amini kwakiriwe neza n’abongereza, Abayisraheli n’Abanyamerika bishishaga cyane politiki ya gisosiyaliste Obote yakoreshaga muri Uganda. Kudeta ya Idi Amini yakiriwe neza na none n’abo mu bwoko bw’Abagande Obote yangaga urunuka.

Idi Amini akigera ku butegetsi yirirwaga mu ngendo mu gihugu, aramukanya n’abaturage, akazenguruka umugi wa Kampala yitwaye mu ivatiri ye ya Siporo ! Abaturage bakabimukundira cyane .

Muri mata 1971, Idi Amini yashyinguye mu cyubahiro gikomeye (funérailles nationales) Mutesa wahoze ari umwami na Perezida wa mbere wa Uganda wari waraguye mu buhungiro mu Bwongereza, afungura imfungwa nyinshi za politiki, asenya urwego rwa polisi rwakoreshwa mu guhohotera rubanda…

Idi Amini yafashe ubutegetsi abeshya ko mu mezi azakurikiraho azahita akoresha amatora adafifise. Nyamara siko byagenze. Ahubwo yahishe ashyiraho « State Research Bureau » yaje kuba agaco k’abicanyi kabuhariwe bashinzwe gutoteza no kwica abo Idi Amini akekaho kuba abakunzi ba Obote hamwe kimwe n’abize amashuri (Intellectuals) kuko Amini yabatinyaga kandi akabanga urunuka.

Abayobozi ba gisilikari bakuru batashyigikiye kudeta bose yabamariye ku nkota. Obote wari warahungiye muri Tanzaniya yagerageje kongera gufata igihugu, ngo arebe ko hari ibyo yarokora, nuko agaba igitero muri Nzeri 1972 ariko aratsindwa. Idi Amini yitwaje icyo gitero cya Obote maze abasilikari bo mu ngabo ze bakomokaga mu bwoko bwa Acholis na Lango abacisha ku bugi bw’intorezo ! Igitero cya Obote cyatumye Idi Amini ahinduka nk’umusazi weruye, agahora yikanga ko bagiye kumukorera kudeta, bigeza n’ubwo yikanga guverinoma ye bwite! Nguko uko « Nile Mansions Hotel » y’i Kampala yahinduwe ibagiro , abantu bakajya bayijyanwamo ngo bagiye kubazwa, bagacibwa imitwe amanjywa n’ijoro !

2.Uko ikibazo cya BIG DADDY cyarenze imipaka.

Taliki ya 4/8/1972 Idi Amini yahaye Abacuruzi bose bakomoka muri Aziya(Indo-pakistanais) , bagera ku bihumbi 60, itegeko ryo kuba bavuye muri Uganda mu gihe kitarenze iminsi 90, kandi bakagenda bitwaje utuntu duke cyane twa ngomba (le minimum nécessaire). Idi Amini yasobanuye ko icyo cyemezo atari icye ko ahubwo ari itegeko yahawe n’Imana yamubonekeye mu nzozi, ikamusaba kwirukana abo banyamahanga . Aba Banyaziya bamaze kwirukanwa ubukungu bwa Uganda bwahise bwikubita hasi kuko aribo bari babugize, igihugu gitangira gutindahara ku buryo bugaragara.

Idi Amini amaze kugaragaza isura ye nyakuri, kandi bimaze kumenyekana ko abasilikari ba Amini bahohoteye bariya ba Indo-Pakistanais, bakabica urubozo, bakabambura ibyabo….abategetsi b’ibihugu by’Ubwongereza na Isiraheli byari bishyigikiye Idi Amini byatangiye KUGABANYA IMFASHANYO byageneraga Uganda , ni uko ubukene burushaho kwiyongera mu gihugu. Nibwo Idi Amini atangiye gushakishiriza ubucuti kuri Kadafi wa Libiya no kuba Rusiya. Kuva ubwo Perezida Idi Amini atangira intambara y’iterana ry’amagambo n’Ubwongereza na Amerika, bidatinze ibi bihugu bifunga Ambasade zabyo i Kampala : Amerika yayifunze mu 1973, Ubwongereza buyifunga mu 1976. Amini aca umubano na Isiraheli atangira gushyigikira imitwe y’Abanyapalestina yarwanyaga Isiraheli.

3.Iterabwoba ryongera ubukana.

Guhera mu 1974, iterabwoba rya Idi Amini ryarenze igipimo. Idi Amini yabaye nk’umurwayi wo mu mutwe atangira gutsemba uwo ari we wese akekaho kuba yarwanya ubutegetsi bwe : abo mu bwoko bwa Obote baratotezwa, abajijutse barahigwa, abahoze bakorera Leta, abarimu, abihayimana ba Kiliziya Gatolika n’Abangilikani, abanyemari, abanyamakuru, abanyamahanga… benshi barishwe abandi bakaburirwa irengero. Ibinyamakuru by’icyo gihe byatangaje imirenge yakubuwe, abayituye bose bakicwa, byatangaje kandi ko ibihumbi byinshi by’imirambo yagaragaye ireremba ku ruzi rwa Nil .

Muri uwo mwaka w’1974, Umuryango witwa Commission Internationae de juristes, washyikirije UN raporo yemezaga ko hagati y’abantu ibihumbi 25 na 250 bishwe kuva Idi amini yakora kudeta mu 1971 .

Na none muri uwo mwaka, ubutegetsi bwa Amini bwaranzwe no KONGERA UMUBARE W’ABASILIKARI no KUGURA INTWARO NYINSHI( militarisation à outrance), ingengo y’imari yose y’igihugu ikamarwa n’igisilikari !

Inkiko za gisivili zasimbuwe n’iza gisilikari, imyanya yose y’ubuyobozi mu gihugu ishyirwamo abasilikari, Intekonshingamategeko ikurwaho, abayobozi bose bahabwa imyitozo na disipuline ya gisilikari .

Umunyagitugu Idi Amini atangira ubwo gutegekesha igihugu amabwiriza atanzwe na we ubwe(regner par décrets) akenshi kandi ayo mabwiriza akaba atanditse ahubwo agatangwa kuri radiyo y’igihugu.

dernieroiNanone Idi Amini yahagurukiye ibyerekeye umutekano we bwite, bityo kuri  State Research Bureau  yongerahoPublic Safety UnitUmutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu uravugururwa , wongererwa imbaraga kugira ngo uhashye « abarota » gukora kudeta, ndetse wongererwa n’ubutumwa, utangira kunganira iriya mitwe y’indi y’abicanyi . Iyo mitwe y’abahotozi yashyizwemo abantu bagera ku bihumbi cumi n’umunani (18 000) !

Iyo politiki yo kwirundaho intwaro yateye amakenga abaturanyi bo mu gihugu cya Kenya ndetse baza no gufatira i Mombasa intwaro nyinshi za Uganda zari ziturutse mu Burusiya. Muri Gashyantare 1976 amahane hagati y’ibyo bihugu byombi yafashe indi ntera ubwo Idi Amini yatangazaga ko yakoze anketi agasanga igice kinini cy’amajyepfo ya Sudani n’icy’uburengerazuba bwa Kenya ( kugera ku biro metero 32 bya Nairobi) byahoze ari intara za Uganda mu gihe cy’ubukoloni ! Mu minsi itarenze ibiri gusa abategetsi ba Kenya bari barangije gusubiza, bavuga ko nta na metero imwe y’ubutaka bwa Kenya bushobora gutwarwa na Uganda. Ubwo kandi Kenya yahise irunda ingabo nyinshi n’ibitwaro bya burende ku mupaka wa Uganda, ibyo bitera ubwoba Idi Amini , acisha make.

4.Amaherezo matindi

Nk’uko twabivuze haruguru, nyuma yo gucana umubano n’ibihugu by’i Bulayi, Idi Amini yatangiye gushyigikira imitwe y’Abanyapalestina yarwanyaga Isiraheli kugeza ubwo afashe inzu yakoreragamo Ambasade ya Isiraheli i Kampala akayiha OLP ngo abe ariho abayobozi bayo bakorera (Quartier Général) .

Muri urwo rwego taliki ya 27/6/1976, indege yo mu bwoko bwa Airbus y’abafaransa yahuzaga Tel Aviv na Paris(Vol 139) yayobejwe n’ibyihebe biyiganisha muri Libiya. Ariko Idi Amini asaba ko iyo ndege yagwa ku kibuga mpuzamahanga cya Entebbe, ku birometero 32 mu majyepfo ya Kampala. Ibyihebe byasabaga ko Leta ya Isiraheli yarekura abarwanyi b’abanyapalestina 53 bari bafuzwe kugirango abagenzi 256 bo muri iriya ndege bafashweho ingwate bashobore kurekurwa. Ibyihebe byari byayobeje indege byafashijwe cyane n’abasilikari ba Idi Amini ndetse we ubwe yasuraga kenshi abafashwe-bugwate ashaka kwerekana ko ashobora kuba umuhuza kugira ngo bafungurwe.

Gusa rero taliki ya 3 Nyakanga 1976, i saa sita y’ijoro, abakomandos ba Isiraheli bagabye igitero ku kibuga cy’indege cya Entebe, babohora abafashwe bugwate bose uretse bane gusa bahaguye. Umwe muri abo bane yari umukecuru w’imyaka 75 witwa Dora Bloch ,wari wajyanywe mu bitaro mbere y’igitero. Yaje kwicwa n’abofisiye babiri b’abagande babitegetswe na Idi Amini ubwe.

Ingaruka mbi z’icyo gitero

Muri icyo gitero , ingabo z’abayisiraheli zatwikiye ku butaka (au sol) indege indwi (7 MiG-21) z’ingabo za Uganda zirwanira mu kirere, bituma Uganda itakaza bidasubirwaho ubushobozi mu bya gisilikari ari naho Idi Amini yaje gukura ubwehe bwo guhirikwa. Kuva ubwo abarwanya Idi Amini bongereye ubukana mu bikorwa byo « gusabota » ubutegetsi bwe bituma ihirima rye ryihuta.

Nyuma y’icyo gitero cy’Abayisiraheli Idi Amini yishe abofisiye 200 n’abafongisiyoneri bakuru abashinja kuba ingwizamurongo. Yirukanye n’abanyamahanga bose atangiza atyo undi mwiryane mu gihugu.

Muri Mutarama 1977 yishe Janani Luwum , Arikiyepiskopi wa Kiliziya y’abangilikani i Kampala wavuganiraga abakirisitu batotezwaga muri Uganda. Bivugwa ko nyuma yo gukubitwa no kwicwa urubozo, Idi Amini ari we ubwe warashe Bishop Janani Luwum mu kanwa amusandaza umutwe, mu biro ; arangije ategeka umuganga(médecin légiste) ngo yandike ko uyu wihayimana yishwe na agisida y’imodoka !

Idi Amini yishe n’abandi banyacyubahiro benshi barimo Benedicto Kiwanuka, Joseph Mubiru, Frank Kalimuzo, Byron Kawadwa….

Ibyishimo byo kwiha imidari itabarika

Guhera mu 1975, Idi Amini yihaye ipeti rya Marechal, nyuma atangaza ko abaye Perezida uzakurwaho n’urupfu gusa(président à vie).

Muri uwo mwaka yatangije gahunda yo kujya yicara ku ntebe baheka, nuko agategeka abazungu kuba aribo bamutwara ku bitungu nk’uko kera bahekaga umwami n’abatware mu ngobyi !

Idi amini yadodesheje imyenda idasanzwe imwemerera gushyiraho imidari myinshi yiha we ubwe nka Military Cross, na Victorious cross itangwa mu Bwongereza . Yihaye n’andi ma « titres » menshi ahambaye nka « Roi d’ Ecosse ». Abongereza bamaze gufunga ambasade yabo i Kampala Idi Amini yirirwaga avuga ko yabatsinze ni uko yigerekeramo umudali ngo abaye « Conquérant de l’Empire Britannique » .

Kuva ubwo Radiyo Uganda yafashe umuco wo kujya itangaza imidari ye n’ama « titres » ye yose mbere yo guhitisha ubutumwa bwe nk’umukuru w’igihugu ! Dore ayo ma titres  : « Son Excellence le Président à vie, Maréchal Alhaji Docteur Idi Amin Dada, titulaire de la Victoria Cross, DSO, titulaire de la Military Cross et Conquérant de l’Empire britannique ».museveni_gives_medal_to_kagame_0Abanyagitugu bose bikundira imidari na za décorations biha bo ubwabo !

Ibi byateye amakenga bamwe mu bashakashatsi bituma bemeza ko mu by’ukuri Idi Amin Dada yari umurwayi wazahajwe n’indwara yitwa neurosyphilis : Deborah Hayden yacukumbuye icyo kibazo mu gitabo yise  Pox: Genius, Madness and the Mysteries of Syphilis.

5.Ugutsindwa

Mu gihe Idi Amini we atahwemaga kwemeza ko ari « very popular » , ko akunzwe cyane n’Abaturage bose ba Uganda, ko igihugu cye cyateye imbere urusha ibindi ndetse ko Idi Amini ubwe ari guhamagarirwa kuba umu Leader wa Afurika yose, Ubukungu bw’igihugu cya Uganda bwakomeje guhanantuka, ubukene buca ibintu muri Uganda . Kwirukana Abahindi n’abanyapakistani , guhagarikirwa imfashanyo n’ibihugu by’i Bulayi byari byarazahaje ubukungu bwa Uganda.

Muri 1978 hiyongereyeho icyago cy’uguhanantuka kw’ibiciro bya kawa ku isoko mpuzamahanga kandi ari cyo gicuruzwa cyonyine Uganda yacungiraho. Ntibyahagarariye aho, ahubwo Libiya nayo yahise ifata icyemezo cyo kugabanya cyane imfashanyo yahaga Uganda, agahu kaba kabonye umunyutsi.

Mu kwakira 1978, abaturage bo mu majyepfo y’igihugu barivumbuye , bamwe mu basilikari bahungira muri Tanzania. Libiya iha Idi Amini imfashanyo n’abasilikari ibihumbi bitatu(3000) kugira ngo batere Tanzaniya bigarurire Akarere k’Akagera. Perezida Julius Nyerere yahise atangaza ko igihugu cye cyinjiye mu ntambara na Uganda, urugamba arufatanya n’abaganda bari barahungiye muri Tanzaniya.

Taliki ya 11/4/1978 ingabo za Tanzaniya zafashe Kampala zifatanyaje n’inyeshyamba z’Abagande n’Abanyarwanda. Idi Amini ahunga ubwo , anyura muri Libiya aza kwakirwa muri Arabi sawudite , atuzwa mu mujyi wa Djeddah ari naho yaje kugwa taliki ya 16/8/2003.Ngayo amwe mu mateka y’uwo Abanya Uganda benshi bitaga BIG DADDY.
Umwanzuro

1.Taliki ya 17/8/2003, David Owen , wahoze ashinzwe Ububanyi n’amahanga muri Leta y’Ubwongereza yatangaje ko ubwo yakoraga uwo murimo (1976-1979) yatanze igitekerezo cy’uko Idi Amini yaraswa, ariko ngo igitekerezo cye gihita giterwa utwatsi. Yogeyeho ati «  Ni ishyano kuba Idi Amini yarareberewe mu gihe ubutegetsi bwe bwakoraga amarorerwa angana kuriya , biteye ikimwaro kuba umugome nk’uyu yararekewe ku butegetsi igihe kingana kuriya ! » 

2.Abategetsi u Rwanda rufite guhera mu 1994, biganjemo ababaye Uganda, bitegereje BIG DADDY, hanyuma ngo bafatanya n’abamurwanyije….Gusa iyo urebye uko ubutegetsi bwa FPR bukora, amarorerwa bwakoze kandui ‘ubu bugikora, umubare ukabije w’abantu bwivuganye, bwamugaje, bwasenyaguye …ntiwabura kwibaza ibibazo bitari bike :

*Ese aho ubutegetsi bwa FPR-Inkotanyi ntacyo bupfana n’ubwa Idi Amini Dada ?

*Aho ibyo abategetsi ba FPR-Inkotanyi bakora ntibabyigiye kuri BIG DADDY bakaba bumva ari we mutegetsi ukwiye kubabera urugero ?

*Aho amaherezo yabwo ntiyenda kuba nk’ay’ubwa BIG DADDY ?

*N’ibindi nk’ibyo…

3.Hari inzego ziba mu gihugu ubundi zakagombye kuvuganira no kurengera rubanda(contre-pouvoirs) mu gihe cy’ubutegetsi bubi nk’ubwa Big Daddy : ubuyobozi bw’amadini n’ubw’ingabo z’igihugu ni cyo zimaze.

Biratangaje kubona abayobozi b’amatorero baruca bakarumira mu gihe abategetsi b’abarwayi bari kurimbura abaturage : abapadiri n’abapasitori bakirwa biruka mu nyuma y’abicanyi babaha imigisha batasabye ; Abepiskopi na ba Arkiyepiskopi ntibaterwe ipfunwe no gutera ibyotezo abicanyi kabuhariwe bo mu rwego rwa BIG DADDY ! Kuba bamwe muri bo baraswa mu kanwa, bagakubitwa, bagafungwa , bagatorongezwa….ntacyo bibatwara ahubwo wagirango bibatera kurushaho kuba Inkomamashyi ! Umusazi arabarasa akabajanjagura, aho guhaguruka ngo bamagane ishyano, bamwe mu Bihayimana b’abemeragato(naifs) bagashima Imana ngo babaye “Abamaritiri” kandi bari gufumbira umunaba !

Birababaje kubona ingabo zitwa iz’igihugu zivuga ko muri zo hari abaminuje mu bumenyi bunyuranye bwo kuyobora urugamba, abakomandos bakomeye cyane mu kugaba ibitero bizahaza umwanzi , abazi gutwara indege z’intambara kabuhariwe, abazi kurasa no kumasha kurusha abazima n’abapfuye….ariko bose bakayoboka nk’ibitaama UMUNTU UMWE w’umurwayi wo mu mutwe utsemba rubanda kandi nabo ntabure kubica urusorongo barebera nk’abatagira ubwenge….kugeza igihe abashoye mu ntambara z’urudaca batazatsinda ahubwo bazashiriramo, babizi babibona… Nyamara bagakomeza bakamwumvira !!! Nkeneye ko hagira unsobanurira ubu bupfayongo aho buturuka.

Mu by’ukuri Idi Amini ntiyakuweho n’Abanya uganda , yakuweho na Tanzaniya ! Harya ngo amateka ntajya yisubiramo ?

N’ubwo ikinyarwanda kitwigisha ngo « umugezi w’isuri ugera aho ukisiba » ariko hagize abiha gahunda yo kuwurundamo ibyondo, ukwisiba kwawo KWAKWIKUTISHWA, abo wangirizaga imyaka bakaruhuka. Nawe muvandimwe ndagusaba kubitekerezaho :

*Harya umutegetsi w’umwicanyi ruharwa akeneye igihe kirekire cyo gukomeza kwica rubanda urubozo ?

*Harya uburenganzira bwo gukomeza kubaho yica abandi yabuhawe na nde ? N’amategeko ? N’Imana ? Na rubanda ? Nawe ibaze kandi wisubize ?

*None se uzakomeza kumurebera kugera ryari ? Ibaze wisubize.

Sam Kazubwenge
Biracyaza…..

Source: http://leprophete.fr/news.php?id=338#.UnBQTsbrxCo

Kikwete Absent Again As EA Leaders Hold Summit

Ugandan president Yoweri Museveni on Monday morning joined fellow East African leaders in the Rwandan capital Kigali for the 3rd Infrastructure Summit.

KIGALI

Museveni arrives in Kigali

Presidents Salva Kiir Mayardit of South Sudan, President Uhuru Kenyatta of the Republic of Kenya and their host Paul Kagame are the other leaders attending the summit.

The leaders welcomed South Sudan to the initiative and are expected to launch the Single Customs Territory and review the progress of infrastructure projects led by each country.

Leaders from Tanzania and Burundi are conspicuously missing from the summit.

The summit is an initiative bringing together the four countries to fast track regional development through infrastructure, trade and political and economic integration.

At the inaugural Tripartite Summit held in Entebbe in June this year, leaders of Uganda, Kenya and Rwanda spearhead different components of joint projects: Uganda committed to lead the railway development and political federation sector; Rwanda on customs, single tourist visa and East African Community e-identity card; and Kenya on the implementation of the oil pipeline and electricity generation.

From L-R: Presidents Salva Kiir (South Sudan), Yoweri Museveni (Uganda) host Paul Kagame of Rwanda and Kenyan president Uhuru Kenyatta. PPU PHOTO.

From L-R: Presidents Salva Kiir (South Sudan), Yoweri Museveni (Uganda) host Paul Kagame of Rwanda and Kenyan president Uhuru Kenyatta. PPU PHOTO.

The follow-up summit held in Mombasa saw the heads of state participate in the commissioning of Berth 19, which will increase capacity of the Kenyan port to serve the entire region.

Tanzania ‘Stalling Integration’

The East African Community (EAC) has in the recent raised concerns over Tanzania’s commitment to the regional integration process.

The EAC Secretary General Dr Richard Sezibera recently hit out at those dilly-dallying over integration process, saying they were missing the point.

Dr Sezibera said Tanzania has faltered on a number of key issues agreed upon by EAC regional States including the liberation of its current accounts and waiving of work permit fees.

“We don’t have compelling powers over those countries which seem not to be co-operating with the process of regional integration but the EAC treaty provides for the Secretary-General to take a country that is lagging behind to court. But this is a long process,” Sezibera was quoted by the media recently.

Tanzania’s commitment to regional  integration has been under sharp focus since Kenya, Uganda and Tanzania agreed to revive the defunct EAC in 1997. Tanzania has been viewed as a reluctant party to the integration process.

Tanzania’s absence at the Monday summit further raises fears over its government’s commitment to the regional integration efforts.

Source: http://www.redpepper.co.ug/kikwete-absent-again-as-ea-leaders-hold-summit/