ISHYAKA ISHEMA RY’U RWANDA RIVUYE MU BUHUNGIRO RIGIYE GUKORERA POLITIKI MU RWANDA.

Decollage-d-un-avion-de-la-Compagnie-Lufthansa-300x168

Ubuyobozi bw’ishyaka rya Opozisiyo, ISHEMA ry’u Rwanda, bushimishijwe no kumenyesha abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abanyamakuru, abayobozi b’amashyaka ya Politiki n’abahagarariye amashyirahamwe ya Sosiyete sivile ndetse n’abanyarwanda bose muri rusange ibi bikurikira :

  1. Igihe kirageze cyo kujya gukorera politiki mu Rwanda nk’uko Ishyaka ISHEMA ryabyiyemeje.
  2. « Kunga abenegihugu kugira ngo bafatanye kwiyubakira u Rwanda moderne », ni wo mushinga Ishyaka ISHEMA ryifuza kugeza ku Banyarwanda.
  3. Bwana Padiri Thomas NAHIMANA, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka ISHEMA ry’u Rwanda akaba n’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ya 2017, n’ikipe ayoboye bazahaguruka ku mugabane w’u Burayi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2016 ku isaha ya saa kumi n’iminota 50 z’umugoroba (16: 50). Ikibuga cy’indege bazahagurukiraho ni Paris Charles de Gaulle mu Bufaransa.
  4. Bazasesekara i Kigali kuwa Gatatu tariki ya 23 Ugushyingo 2016 ku isaha ya saa munani n’iminota 55 z’amanywa (14 :55).
  5. Turashishikariza ababyifuza bose kuzaza kuduherekeza i Paris no kudusanganira i Kigali.

Demokarasi ni urugamba rugoye, ntidushobora gusongongera ku byiza byayo hatabonetse abenegihugu b’intwari biyemeza kuyitangira.

Harakabaho u Rwanda ruha abana barwo bose amahirwe angana.

Bikorewe i Le HAVRE kuwa 21 Ugushyingo 2016.

logo-300x135

Chaste GAHUNDE

Umunyamabanga Nshingwabikorwa

Advertisement

Leave a Reply

Fill in your details below or click an icon to log in:

WordPress.com Logo

You are commenting using your WordPress.com account. Log Out /  Change )

Facebook photo

You are commenting using your Facebook account. Log Out /  Change )

Connecting to %s